bible
ra
🌐 Language
English
Español
Français
Deutsch
Português
Italiano
Nederlands
Русский
中文
日本語
한국어
العربية
Türkçe
Tiếng Việt
ไทย
Indonesia
All Languages
Home
/
Kinyarwanda
/
Rwandan Kinyarwanda (BYSB) 2001 (Bibiliya Yera)
/
2 Corinthians 6
2 Corinthians 6
Rwandan Kinyarwanda (BYSB) 2001 (Bibiliya Yera)
← Chapter 5
Jump to:
Chapter 1
Chapter 2
Chapter 3
Chapter 4
Chapter 5
Chapter 6
Chapter 7
Chapter 8
Chapter 9
Chapter 10
Chapter 11
Chapter 12
Chapter 13
Chapter 7 →
1
Kandi ubwo dukorana na yo, turabinginga kugira ngo mudaherwa ubuntu bw'Imana gupfa ubusa,
2
kuko yavuze iti“Mu gihe cyo kwemererwamo narakumviye,No ku munsi wo gukirizwamo naragutabaye.”Dore none ni cyo gihe cyo kwemererwamo, dore none ni wo munsi wo gukirizwamo.
3
Ntitugire igisitaza dushyira mu nzira y'umuntu wese, kugira ngo umurimo wacu utagira umugayo.
4
Ahubwo ku kintu cyose twihe agaciro nk'abakozi b'Imana bagabura ibyayo, twihangana cyane mu makuba, mu mibabaro, mu byago,
5
mu biboko, mu mazu y'imbohe, mu midugararo, no mu mihati; tuba maso, twirirwa ubusa,
6
dufite umutima uboneye, dufite ubwenge, tutarambirwa, tugira neza, dufite Umwuka Wera, dufite n'urukundo rutaryarya;
7
tuvuga ijambo ry'ukuri, dufite imbaraga z'Imana kandi dufite intwaro zo gukiranuka z'iburyo n'iz'ibumoso,
8
mu cyubahiro no mu buhemu, mu mugayo no mu ishimwe. Dutekerezwa ko turi abashukanyi ariko turi ab'ukuri,
9
dutekerezwa ko turi abatamenyekana nyamara turi ibirangirire, dusa n'abagiye gupfa ariko dore turi bazima, dusa n'abahanwa ariko ntitwicwa,
10
dusa n'abababara ariko twishima iteka, dusa n'abakene nyamara dutungisha benshi, dusa n'abatagira icyo bafite nyamara dufite byose.
11
Mwa Bakorinto mwe, akanwa kacu karababumbukiye, umutima wacu uragūtse.
12
Ntimubyigana muri twe, ahubwo mubyigana mu mitima yanyu ubwanyu.
13
Nuko ndababwira nk'abana banjye, namwe mwaguke kugira ngo mwiture nk'uko mwagiriwe.
14
Ntimwifatanye n'abatizera mudahwanye. Mbese gukiranuka no gukiranirwa byafatanya bite? Cyangwa umucyo n'umwijima byabana bite?
15
Kandi Kristo ahuriye he na Beliyali, cyangwa uwizera n'utizera bafitanye mugabane ki?
16
Mbese urusengero rw'Imana rwahuza rute n'ibishushanyo bisengwa, ko turi urusengero rw'Imana ihoraho? Nk'uko Imana yabivuze iti“Nzatura muri bo ngendere muri bo,Nzaba Imana yabo na bo bazaba ubwoko bwanjye.
17
Nuko muve hagati ya ba bandi,Mwitandukanye ni ko Uwiteka avuga,Kandi ntimugakore ku kintu gihumanye.Nanjye nzabākīra,
18
Kandi nzababera So,Namwe muzambere abahungu n'abakobwa,Ni ko Uwiteka Ushoborabyose avuga.”
← Chapter 5
Jump to:
Chapter 1
Chapter 2
Chapter 3
Chapter 4
Chapter 5
Chapter 6
Chapter 7
Chapter 8
Chapter 9
Chapter 10
Chapter 11
Chapter 12
Chapter 13
Chapter 7 →
All chapters:
1
2
3
4
5
6
7
8
9
10
11
12
13