bible
ra
🌐 Language
English
Español
Français
Deutsch
Português
Italiano
Nederlands
Русский
中文
日本語
한국어
العربية
Türkçe
Tiếng Việt
ไทย
Indonesia
All Languages
Home
/
Kinyarwanda
/
Rwandan Kinyarwanda (BYSB) 2001 (Bibiliya Yera)
/
John 2
John 2
Rwandan Kinyarwanda (BYSB) 2001 (Bibiliya Yera)
← Chapter 1
Jump to:
Chapter 1
Chapter 2
Chapter 3
Chapter 4
Chapter 5
Chapter 6
Chapter 7
Chapter 8
Chapter 9
Chapter 10
Chapter 11
Chapter 12
Chapter 13
Chapter 14
Chapter 15
Chapter 16
Chapter 17
Chapter 18
Chapter 19
Chapter 20
Chapter 21
Chapter 3 →
1
Ku munsi wa gatatu hacyujijwe ubukwe i Kana y'i Galilaya, kandi na nyina wa Yesu yari ahari.
2
Yesu bamutorana n'abigishwa be ngo batahe ubwo bukwe.
3
Nuko vino ishize, nyina wa Yesu aramubwira ati “Nta vino bafite.”
4
Yesu aramubwira ati “Mubyeyi, tubigendanyemo dute? Igihe cyanjye ntikiragera.”
5
Nyina abwira abahereza ati “Icyo ababwira cyose mugikore.”
6
Hariho intango esheshatu zaremwe mu mabuye, zashyiriweho kwiyeza nk'uko umugenzo w'Abayuda wari uri, intango yose irimo incuro ebyiri cyangwa eshatu z'amazi.
7
Yesu arababwira ati “Mwuzuze intango amazi.” Barazuzuza bageza ku ngara.
8
Arababwira ati “Nimudahe noneho mushyire umusangwa mukuru.” Barayamushyīra.
9
Uwo musangwa mukuru asogongeye amazi ahindutse vino ntiyamenya aho iturutse, keretse ba bahereza badashye amazi ni bo bari babizi. Umusangwa mukuru ahamagara umukwe
10
aramubwira ati “Abandi bose babanza vino nziza, abantu bamara guhaga bakabona kuzana izitaryoshye, ariko wowe ho washyinguye inziza aba ari zo uherutsa.”
11
Icyo ni cyo kimenyetso cya mbere Yesu yakoreye i Kana y'i Galilaya, yerekana icyubahiro cye, abigishwa be baramwizera.
12
Hanyuma y'ibyo aramanuka ajya i Kaperinawumu, ari kumwe na nyina na bene se n'abigishwa be, ariko ntibamarayo iminsi myinshi.
13
Pasika y'Abayuda yenda gusohora, Yesu ajya i Yerusalemu.
14
Ageze mu rusengero asangamo abahatundira inka n'intama n'inuma, n'abandi bicaye bavunja ifeza.
15
Abohekanya imigozi ayigira nk'ikiboko, bose abirukana n'intama n'inka mu rusengero, amena ifeza z'abaguraga inuma
16
ati “Nimukureho bino, mureke guhindura inzu ya Data iguriro.”
17
Abigishwa be bibuka uko byanditswe ngo “Ishyaka ry'inzu yawe rirandya.”
18
Abayuda baramubaza bati “Ubwo ugize utyo watwereka kimenyetso ki?”
19
Yesu arabasubiza ati “Nimusenye uru rusengero, nanjye nzarwubaka mu minsi itatu.”
20
Nuko Abayuda bati “Uru rusengero ko rwubatswe mu myaka mirongo ine n'itandatu, nawe ngo uzarwubaka mu minsi itatu?”
21
Ariko urusengero yavugaga ni umubiri we.
22
Nuko azuwe abigishwa be bibuka ko yabivuze, bemera ibyanditswe na rya jambo Yesu yari yaravuze.
23
Nuko ubwo yari i Yerusalemu mu minsi mikuru ya Pasika, abantu benshi babonye ibimenyetso akora bizera izina rye,
24
ariko Yesu ntiyabiringira kuko yari azi abantu bose.
25
Ntiyagombaga kubwirwa iby'abantu, kuko ubwe yari azi ibibarimo.
← Chapter 1
Jump to:
Chapter 1
Chapter 2
Chapter 3
Chapter 4
Chapter 5
Chapter 6
Chapter 7
Chapter 8
Chapter 9
Chapter 10
Chapter 11
Chapter 12
Chapter 13
Chapter 14
Chapter 15
Chapter 16
Chapter 17
Chapter 18
Chapter 19
Chapter 20
Chapter 21
Chapter 3 →
All chapters:
1
2
3
4
5
6
7
8
9
10
11
12
13
14
15
16
17
18
19
20
21