bible
ra
🌐 Language
English
Español
Français
Deutsch
Português
Italiano
Nederlands
Русский
中文
日本語
한국어
العربية
Türkçe
Tiếng Việt
ไทย
Indonesia
All Languages
Home
/
Kinyarwanda
/
Rwandan Kinyarwanda (BYSB) 2001 (Bibiliya Yera)
/
Luke 20
Luke 20
Rwandan Kinyarwanda (BYSB) 2001 (Bibiliya Yera)
← Chapter 19
Jump to:
Chapter 1
Chapter 2
Chapter 3
Chapter 4
Chapter 5
Chapter 6
Chapter 7
Chapter 8
Chapter 9
Chapter 10
Chapter 11
Chapter 12
Chapter 13
Chapter 14
Chapter 15
Chapter 16
Chapter 17
Chapter 18
Chapter 19
Chapter 20
Chapter 21
Chapter 22
Chapter 23
Chapter 24
Chapter 21 →
1
Nuko ku munsi umwe muri iyo, yigishirizaga abantu mu rusengero avuga ubutumwa bwiza, abatambyi bakuru n'abanditsi hamwe n'abakuru bajya aho ari.
2
Baramubwira bati “Tubwire. Ni butware ki bugutera gukora ibi? Cyangwa se ni nde wabuguhaye?”
3
Arabasubiza ati “Nanjye reka mbabaze ijambo mumbwire.
4
Kubatiza kwa Yohana kwavuye he? Ni mu ijuru cyangwa mu bantu?”
5
Biburanya mu mitima yabo bati “Nituvuga tuti ‘Kwavuye mu ijuru’, aratubaza ati ‘Ni iki cyababujije kumwemera?’
6
Kandi nituvuga tuti ‘Kwavuye mu bantu’, abantu bose baradutera amabuye kuko bemera ko Yohana yari umuhanuzi.”
7
Nuko bamusubiza yuko batazi aho kwavuye.
8
Yesu arababwira ati “Nuko rero nanjye simbabwira ubutware buntera gukora ibyo ubwo ari bwo.”
9
Atangira gucira abantu uyu mugani ati “Hariho umuntu wateye uruzabibu, asigamo abahinzi ajya mu kindi gihugu, atindayo.
10
Igihe cyo gusarura imyaka gisohoye, atuma umugaragu kuri ba bahinzi ngo bamuhe ku mbuto z'imizabibu, ariko abahinzi baramukubita, baramwirukana agenda ubusa.
11
Yongera gutuma undi mugaragu na we baramukubita, baramuhemura agenda amāra masa.
12
Yongera gutuma n'uwa gatatu, uwo baramukomeretsa, baramwirukana.
13
Nyir'uruzabibu aravuga ati ‘Noneho mbigenze nte? Reka ntume umwana wanjye nkunda, ahari none we bazamwubaha.’
14
Ariko ba bahinzi bamubonye bajya inama bati ‘Uyu ni we mutware. Nimucyo tumwice ubutware bube ubwacu.’
15
Bamwirukana mu ruzabibu, baramwica.“Mbese nyir'uruzabibu nabimenya azabagenza ate?
16
Azaza arimbure abo bahinzi, uruzabibu aruhe abandi.”Abantu babyumvise baravuga bati “Biragatsindwa.”
17
Arabitegereza arababwira ati “None se ibi byanditswe ni ibiki ngo‘Ibuye abubatsi banze,Ni ryo ryahindutse irikomeza imfuruka?’
18
Uzagwira iryo buye wese azavunagurika, ariko uwo rizagwira rizamugira ifu.”
19
Uwo mwanya abanditsi n'abatambyi bakuru bashaka kumufata, kuko bamenye yuko ari bo yaciriyeho uwo mugani, ariko batinya rubanda.
20
Baramugenza, batuma abatasi bigize nk'abakiranutsi ngo bakūre impamvu mu byo avuga, bahereko babone uko bamushyīra Umutegeka, na we amucire urubanza.
21
Baramubaza bati “Mwigisha, tuzi yuko uvuga neza, kandi ukigisha ibitunganye ntiwite ku cyubahiro cy'abantu, ahubwo wigisha inzira y'Imana by'ukuri.
22
Mbese amategeko yemera ko duha Kayisari umusoro, cyangwa ntiyemera?”
23
Ariko amenye uburiganya bwabo arababwira ati
24
“Nimunyereke idenariyo.” Ati “Ishusho n'izina biyiriho ni ibya nde?”Baramusubiza bati “Ni ibya Kayisari.”
25
Arababwira ati “Nuko rero ibya Kayisari mubihe Kayisari, iby'Imana mubihe Imana.”
26
Muri ayo magambo ashubirije imbere y'abantu ntibashobora kubona ijambo na rimwe ryatuma bamurega, batangarira ibyo abashubije baraceceka.
27
Abasadukayo bamwe bahakanaga yuko ari nta wuzuka, baza aho ari baramubaza bati
28
“Mwigisha, Mose yatwandikiye yuko mwene se w'umuntu napfa afite umugore batarabyarana, mwene se azahungure uwo mugore acikure mwene se.
29
Nuko habayeho abavandimwe barindwi: uwa mbere arongora umugeni apfa batarabyarana,
30
n'uwa kabiri ni uko,
31
n'uwa gatatu aramuhungura, nuko bose uko ari barindwi bapfa batyo badasize abana.
32
Hanyuma wa mugore na we arapfa.
33
None se mu izuka azaba ari muka nde muri bose, ko bose uko ari barindwi bamugize umugore?”
34
Yesu arabasubiza ati “Abana b'iyi si bararongora, bagashyingirwa,
35
ariko abemerewe kuzagera muri ya si yindi, bakaba bakwiriye no kugera ku kuzuka mu bapfuye, ntibazarongora kandi ntibazashyingirwa,
36
kandi ntibazaba bagishobora gupfa kuko bazamera nk'abamarayika, bakaba ari abana b'Imana kuko ari abana b'umuzuko.
37
Ariko ibyemeza yuko abapfuye bazuka, Mose na we yabigaragarije ku byabereye kuri cya Gihuru, ubwo yitaga Uwiteka Imana ya Aburahamu n'Imana ya Isaka n'Imana ya Yakobo.
38
Nuko rero Imana si Imana y'abapfuye, ahubwo ni iy'abazima kuko bose kuri yo ari bazima.”
39
Bamwe mu banditsi baramusubiza bati “Mwigisha, uvuze neza.”
40
Ntibaba bagitinyuka kumubaza irindi jambo.
41
Arababaza ati “Bavuga bate yuko Kristo ari mwene Dawidi,
42
ko Dawidi ubwe avuga mu gitabo cya Zaburi ati‘Uwiteka yabwiye Umwami wanjye ati:Icara iburyo bwanjye,
43
Ugeze aho nzashyira abanzi bawe munsi y'ibirenge byawe?’
44
Mbese ko Dawidi amwita Umwami, none yabasha ate no kuba umwana we?”
45
Nuko abwira abigishwa be abantu bose bumva ati
46
“Mwirinde abanditsi bakunda kugenda bambaye ibishura, bagakunda kuramukirizwa mu maguriro, no kwicara ku ntebe z'icyubahiro mu masinagogi no mu myanya y'abakuru, bari mu birori.
47
Barya ingo z'abapfakazi, kandi bakavuga amashengesho y'urudaca baryarya. Abo bazacirwaho iteka rirusha ayandi kuba ribi.”
← Chapter 19
Jump to:
Chapter 1
Chapter 2
Chapter 3
Chapter 4
Chapter 5
Chapter 6
Chapter 7
Chapter 8
Chapter 9
Chapter 10
Chapter 11
Chapter 12
Chapter 13
Chapter 14
Chapter 15
Chapter 16
Chapter 17
Chapter 18
Chapter 19
Chapter 20
Chapter 21
Chapter 22
Chapter 23
Chapter 24
Chapter 21 →
All chapters:
1
2
3
4
5
6
7
8
9
10
11
12
13
14
15
16
17
18
19
20
21
22
23
24