bible
ra
🌐 Language
English
Español
Français
Deutsch
Português
Italiano
Nederlands
Русский
中文
日本語
한국어
العربية
Türkçe
Tiếng Việt
ไทย
Indonesia
All Languages
Home
/
Kinyarwanda
/
Kinyarwanda 2001 (BIR) (Bibiliya Ijambo Ry'imana)
/
Mark 16
Mark 16
Kinyarwanda 2001 (BIR) (Bibiliya Ijambo Ry'imana)
← Chapter 15
Jump to:
Chapter 1
Chapter 2
Chapter 3
Chapter 4
Chapter 5
Chapter 6
Chapter 7
Chapter 8
Chapter 9
Chapter 10
Chapter 11
Chapter 12
Chapter 13
Chapter 14
Chapter 15
Chapter 16
1
Isabato ishize, Mariya w'i Magadala na Salome na Mariya nyina wa Yakobo, bagura amavuta ahumura neza kugira ngo bajye gusīga umurambo wa Yezu.
2
Ku cyumweru ari wo munsi wa mbere, bagera ku mva izuba rirashe.
3
Baza babazanya bati “Ni nde uri budukurire rya buye ku muryango w'imva?”
4
Bitegereje basanga rya buye ryahirikiwe hirya, nubwo ryari rinini cyane.
5
Binjiye mu mva babona umusore wicaye mu ruhande rw'iburyo, yambaye ikanzu yererana, maze bagwa mu kantu.
6
Arababwira ati: “Mwitinya! Murashaka Yezu w'i Nazareti umwe babambye ku musaraba, ariko yazutse ntari hano. Dore n'aho bari bamushyize ngaha!
7
Ahubwo nimugende mumenyeshe Petero n'abandi bigishwa, ko azabategerereza muri Galileya. Ni ho muzamusanga nk'uko yabibabwiye.”
8
Nuko basohoka mu mva bahunga, bagenda bahinda umushyitsi bayobewe ibyo ari byo. Ntibagira uwo babibwira kubera ubwoba. [
9
Muri icyo gitondo cy'umunsi wa mbere Yezu amaze kuzuka, abanza kwiyereka Mariya w'i Magadala, uwo yari yarameneshejemo ingabo ndwi za Satani.
10
Mariya ajya kubimenyesha abari barabanye na Yezu, asanga bababaye cyane barira.
11
Ariko nubwo bumvise avuga ko Yezu ari muzima kandi ko yamwiboneye, ntibabyemera.
12
Hanyuma y'ibyo Yezu abonekera abandi babiri mu bigishwa be bari mu nzira bajya mu cyaro, adasa uko yari asanzwe asa.
13
Bagaruka kubimenyesha abasigaye, na bwo ntibabyemera.
14
Hanyuma abonekera ba bandi cumi n'umwe bafungura. Abagayira kutamwizera kwabo no kugira imitima inangiye, kuko batemeye ibyo babwiwe n'abamubonye amaze kuzuka.
15
Nuko arababwira ati: “Nimujye ku isi hose mwamamaze Ubutumwa bwiza mu bantu bose.
16
Ubwemera akabatizwa azakizwa, ariko utabwemera azacirwaho iteka.
17
Ibimenyetso bizaranga abazaba babwemeye ni ibi: mu izina ryanjye bazamenesha ingabo za Satani, kandi bazavuga indimi zindi nshya.
18
Nibafata inzoka cyangwa nibanywa uburozi, nta cyo bizabatwara. Bazarambika ibiganza ku barwayi bakire.”
19
Nyagasani Yezu amaze kubabwira ibyo ajyanwa mu ijuru, yicara ku ntebe ya cyami iburyo bw'Imana.
20
Nuko abigishwa be bajya hose bamamaza ibye. Nyagasani yabafashaga muri uwo murimo, atanga ibimenyetso bishyigikira ukuri kw'amagambo yabo.]
← Chapter 15
Jump to:
Chapter 1
Chapter 2
Chapter 3
Chapter 4
Chapter 5
Chapter 6
Chapter 7
Chapter 8
Chapter 9
Chapter 10
Chapter 11
Chapter 12
Chapter 13
Chapter 14
Chapter 15
Chapter 16
All chapters:
1
2
3
4
5
6
7
8
9
10
11
12
13
14
15
16