bible
ra
🌐 Language
English
Español
Français
Deutsch
Português
Italiano
Nederlands
Русский
中文
日本語
한국어
العربية
Türkçe
Tiếng Việt
ไทย
Indonesia
All Languages
Home
/
Kinyarwanda
/
Rwandan Kinyarwanda (BYSB) 2001 (Bibiliya Yera)
/
Hosea 13
Hosea 13
Rwandan Kinyarwanda (BYSB) 2001 (Bibiliya Yera)
← Chapter 12
Jump to:
Chapter 1
Chapter 2
Chapter 3
Chapter 4
Chapter 5
Chapter 6
Chapter 7
Chapter 8
Chapter 9
Chapter 10
Chapter 11
Chapter 12
Chapter 13
Chapter 14
Chapter 14 →
1
Iyo Efurayimu yavugaga abantu bahindaga umushyitsi, yishyize hejuru mu Bisirayeli ariko igihe acumujwe na Bāli yahereyeko arapfa.
2
Noneho bahora barushaho gukora ibyaha, kandi biremeye ibishushanyo biyagijwe mu ifeza yabo, n'ibigirwamana bihimbiye, ibyo byose ni umurimo w'abanyamyuga. Bavuga ibyabyo bati “Reka abatamba abe ari bo basoma inyana z'ibigirwamana.”
3
Ni cyo gituma bazaba nk'igicu cyo mu ruturuturu gitamuruka, kandi nk'ikime gitonyorotse hakiri kare, nk'umurama utumurwa ku mbuga na serwakira, cyangwa nk'umwotsi uva mu ziko.
4
“Ariko ndi Uwiteka Imana yawe, uhereye igihe waviriye mu gihugu cya Egiputa, nta yindi mana uzamenya itari jye, kandi uretse jye nta wundi mukiza ubaho.
5
Nakumenye igihe wari mu butayu, mu gihugu gikakaye.
6
Uko urwuri rwabo rwari ruri ni ko bahaze, barahaga maze imitima yabo yishyira hejuru, bituma banyibagirwa.
7
Ni cyo gituma nzabamerera nk'intare, nzabategera mu nzira nk'ingwe,
8
nzabatera meze nk'idubu yambuwe ibibwana byayo, nzacagagura inkanizo z'umutima wabo, kandi nzahabaconshomerera nk'intare y'ingore, inyamaswa z'inkazi zizabatanyagura.
9
“Isirayeli we, uririmbuje kuko wangomeye kandi ari jye mutabazi wawe.
10
Umwami wawe ari hehe, ngo agukirize mu midugudu yawe yose? Abacamanza bawe bari he, abo wakaga umwami n'ibikomangoma?
11
Naguhaye umwami ndakaye, mukwaka mfite umujinya.
12
“Gukiranirwa kwa Efurayimu gukubiwe hamwe, igicumuro cye kirabitswe.
13
Ibise by'umugore uri ku nda bizamuzaho: ni umwana utagira ubwenge kuko igihe cyo kuvuka kigeze, ntaba akwiriye gutinda mu ngobyi.
14
Nzakugura, ngukureho amaboko akujyana ikuzimu, nzabacungura mbakize n'urupfu. Wa rupfu we, ibyago watezaga biri he? Nyamunsi we, kurimbura kwawe kuri he? Sinabona uko nibuza.
15
Naho yakororokera muri bene se, iburasirazuba hazaturuka umuyaga, ari wo muyaga w'Uwiteka uzamuka uva mu butayu, isōko ye izakama kandi iriba rye na ryo rizuma, bazasahura ububiko bakuremo ibintu byiza byose.
← Chapter 12
Jump to:
Chapter 1
Chapter 2
Chapter 3
Chapter 4
Chapter 5
Chapter 6
Chapter 7
Chapter 8
Chapter 9
Chapter 10
Chapter 11
Chapter 12
Chapter 13
Chapter 14
Chapter 14 →
All chapters:
1
2
3
4
5
6
7
8
9
10
11
12
13
14