bible
ra
🌐 Language
English
Español
Français
Deutsch
Português
Italiano
Nederlands
Русский
中文
日本語
한국어
العربية
Türkçe
Tiếng Việt
ไทย
Indonesia
All Languages
Home
/
Kinyarwanda
/
Rwandan Kinyarwanda (BYSB) 2001 (Bibiliya Yera)
/
Genesis 17
Genesis 17
Rwandan Kinyarwanda (BYSB) 2001 (Bibiliya Yera)
← Chapter 16
Jump to:
Chapter 1
Chapter 2
Chapter 3
Chapter 4
Chapter 5
Chapter 6
Chapter 7
Chapter 8
Chapter 9
Chapter 10
Chapter 11
Chapter 12
Chapter 13
Chapter 14
Chapter 15
Chapter 16
Chapter 17
Chapter 18
Chapter 19
Chapter 20
Chapter 21
Chapter 22
Chapter 23
Chapter 24
Chapter 25
Chapter 26
Chapter 27
Chapter 28
Chapter 29
Chapter 30
Chapter 31
Chapter 32
Chapter 33
Chapter 34
Chapter 35
Chapter 36
Chapter 37
Chapter 38
Chapter 39
Chapter 40
Chapter 41
Chapter 42
Chapter 43
Chapter 44
Chapter 45
Chapter 46
Chapter 47
Chapter 48
Chapter 49
Chapter 50
Chapter 18 →
1
Aburamu amaze imyaka mirongo urwenda n'icyenda avutse, Uwiteka aramubonekera aramubwira ati “Ni jye Mana Ishoborabyose, ujye ugendera imbere yanjye kandi utungane rwose.
2
Nanjye ndasezerana isezerano ryanjye nawe, nzakugwiza cyane.”
3
Aburamu arubama, Imana iramubwira iti
4
“Dore isezerano ryanjye ubwanjye ndariguhaye, nawe uzaba sekuruza w'amahanga menshi.
5
Kandi ntuzitwa ukundi Aburamu, ahubwo wiswe Aburahamu kuko nkugize sekuruza w'amahanga menshi.
6
Kandi nzakororotsa cyane, nzatuma amahanga agukomokaho, n'abami bazagukomokaho.
7
“Kandi nzakomeza isezerano ryanjye nawe n'urubyaro rwawe ruzakurikiraho, rigeze ibihe byose, ribe isezerano rihoraho, kugira ngo nkubere Imana wowe n'urubyaro rwawe ruzakurikiraho.
8
Kandi wowe n'urubyaro rwawe ruzakurikiraho, nzabaha igihugu cy'ubusuhuke bwawe, igihugu cy'i Kanāni cyose kuba gakondo y'iteka, nanjye nzaba Imana yabo.”
9
Imana yongera kubwira Aburahamu iti “Nawe uzakomeze isezerano ryanjye, wowe n'urubyaro rwawe ruzakurikiraho kugeza ibihe byabo byose.
10
Iri ni ryo sezerano ryanjye muzakomeza, riri hagati yanjye namwe n'urubyaro rwawe ruzakurikiraho, umugabo wese muri mwe azakebwa.
11
Muzakebwa umunwa w'ibyo mwambariye, kizaba ikimenyetso cy'isezerano ryanjye namwe.
12
Umuhungu wese muri mwe uzaba amaze iminsi munani avutse azakebwa, bigeze ibihe by'ingoma zanyu zose. Uzaba avukiye mu rugo rwawe, cyangwa utari uwo mu rubyaro rwawe waguzwe n'ifeza n'abanyamahanga,
13
uvukira mu rugo rwawe n'uwaguzwe igiciro bakwiriye gukebwa, kandi isezerano ryanjye rizaba ku mibiri yanyu, ribe isezerano rihoraho.
14
Kandi umugabo utakebwe umunwa w'icyo yambariye azakurwa mu bwoko bwe, azaba yishe isezerano ryanjye.”
15
Imana yongera kubwira Aburahamu iti “Sarayi umugore wawe ntukamwite ukundi Sarayi, ahubwo ujye umwita Sara.
16
Nanjye nzamuha umugisha kandi nzaguha umwana w'umuhungu kuri we. Nzamuha umugisha koko kandi azaba nyirakuruza w'amahanga, abami b'amahanga bazakomoka kuri we.”
17
Maze Aburahamu arubama, araseka aribaza ati “Mbese umwana azabyarwa n'umaze imyaka ijana avutse? Kandi na Sara umaze imyaka mirongo urwenda, azabyara?”
18
Aburahamu abwira Imana ati “Icyampa Ishimayeli akabaho, ari imbere yawe!”
19
Imana iramusubiza iti “Ahubwo Sara umugore wawe ni we uzabyaraho umuhungu, uzamwite Isaka. Nanjye nzakomeza isezerano ryanjye na we, ngo ribere urubyaro ruzakurikiraho isezerano ridashira.
20
Kandi ibya Ishimayeli ndakumviye: dore muhaye umugisha, nzamwororotsa mugwize cyane, azabyara abatware cumi na babiri kandi nzamuhindura ubwoko bukomeye.
21
Ariko isezerano ryanjye nzarikomeza na Isaka, uwo uzabyarana na Sara mu gihe nk'iki cy'umwaka utaha, kuko ari icyo nashyizeho.”
22
Imana irorera kuvugana na we, irazamuka, iva aho Aburahamu ari.
23
Aburahamu ajyana Ishimayeli umuhungu we, n'abandi bose bavukiye mu rugo rwe, n'abo yaguze ifeza ze, umugabo wese w'abo mu rugo rwe, abakeba kuri uwo munsi uko Imana yari yamutegetse.
24
Aburahamu yari amaze imyaka mirongo urwenda n'icyenda avutse, ubwo yakebwaga umunwa w'icyo yambariye.
25
Ishimayeli umuhungu we yari amaze imyaka cumi n'itatu, ubwo yakebwaga.
26
Ku munsi umwe Aburahamu akebanwa n'umuhungu we Ishimayeli.
27
N'abagabo bose bo mu rugo rwe, abaruvukiyemo n'abo yaguze n'abanyamahanga, bakebanwa na we.
← Chapter 16
Jump to:
Chapter 1
Chapter 2
Chapter 3
Chapter 4
Chapter 5
Chapter 6
Chapter 7
Chapter 8
Chapter 9
Chapter 10
Chapter 11
Chapter 12
Chapter 13
Chapter 14
Chapter 15
Chapter 16
Chapter 17
Chapter 18
Chapter 19
Chapter 20
Chapter 21
Chapter 22
Chapter 23
Chapter 24
Chapter 25
Chapter 26
Chapter 27
Chapter 28
Chapter 29
Chapter 30
Chapter 31
Chapter 32
Chapter 33
Chapter 34
Chapter 35
Chapter 36
Chapter 37
Chapter 38
Chapter 39
Chapter 40
Chapter 41
Chapter 42
Chapter 43
Chapter 44
Chapter 45
Chapter 46
Chapter 47
Chapter 48
Chapter 49
Chapter 50
Chapter 18 →
All chapters:
1
2
3
4
5
6
7
8
9
10
11
12
13
14
15
16
17
18
19
20
21
22
23
24
25
26
27
28
29
30
31
32
33
34
35
36
37
38
39
40
41
42
43
44
45
46
47
48
49
50