bible
ra
🌐 Language
English
Español
Français
Deutsch
Português
Italiano
Nederlands
Русский
中文
日本語
한국어
العربية
Türkçe
Tiếng Việt
ไทย
Indonesia
All Languages
Home
/
Kinyarwanda
/
Rwandan Kinyarwanda (BYSB) 2001 (Bibiliya Yera)
/
Ezekiel 18
Ezekiel 18
Rwandan Kinyarwanda (BYSB) 2001 (Bibiliya Yera)
← Chapter 17
Jump to:
Chapter 1
Chapter 2
Chapter 3
Chapter 4
Chapter 5
Chapter 6
Chapter 7
Chapter 8
Chapter 9
Chapter 10
Chapter 11
Chapter 12
Chapter 13
Chapter 14
Chapter 15
Chapter 16
Chapter 17
Chapter 18
Chapter 19
Chapter 20
Chapter 21
Chapter 22
Chapter 23
Chapter 24
Chapter 25
Chapter 26
Chapter 27
Chapter 28
Chapter 29
Chapter 30
Chapter 31
Chapter 32
Chapter 33
Chapter 34
Chapter 35
Chapter 36
Chapter 37
Chapter 38
Chapter 39
Chapter 40
Chapter 41
Chapter 42
Chapter 43
Chapter 44
Chapter 45
Chapter 46
Chapter 47
Chapter 48
Chapter 19 →
1
Ijambo ry'Uwiteka ryongera kunzaho riti
2
“Kuki mujya mucira igihugu cya Isirayeli uyu mugani ngo ‘Ababyeyi bariye inzabibu zirura, ariko abana babo bakaba ari bo bagira ubushagarira mu kanwa’?
3
“Ndirahiye, ni ko Uwiteka avuga, ntabwo muzongera gucira Isirayeli uwo mugani.
4
Dore ubugingo bwa bose ni ubwanjye, ubugingo bw'umwana ni ubwanjye nk'ubugingo bwa se, ubugingo bukora icyaha ni bwo buzapfa.
5
“Ariko umuntu niba ari umukiranutsi, agakora ibitunganye bihwanye n'amategeko,
6
kandi akaba atagaburiye imandwa ku murinzi ushinzwe mu mpinga y'umusozi, n'ibigirwamana by'inzu ya Isirayeli ntabyuburire amaso kandi akaba atanduza umugore w'umuturanyi we, ategereye umugore uri mu mugongo,
7
ari ntawe yagiriye nabi, ahubwo akaba yarashubije ingwate uwayimugwatirije kandi ari nta we yariganije, ahubwo akagaburira abashonji akambika abambaye ubusa,
8
kandi ntagurize kubona indamu y'ubuhenzi cyangwa kwaka umuntu ibirenze urugero, ahubwo akarinda ukuboko kwe ikibi kandi umuntu uburana n'undi akabacira urubanza rutabera,
9
akagendera mu mategeko yanjye, agakomeza amateka yanjye kandi akaba n'umunyamurava, uwo aba ari umukiranutsi, ni ukuri azabaho. Ni ko Umwami Uwiteka avuga.
10
“Ariko nabyara umwana w'umuhungu akaba umwambuzi uvusha amaraso, akagira kimwe akora cyo muri ibyo,
11
ntagire icyo akora cyo mu bikwiriye, ahubwo ndetse akaba yagaburiye imandwa ku murinzi ushinzwe mu mpinga y'umusozi, yaranduje n'umugore w'umuturanyi we,
12
abakene n'indushyi yarabagiriye nabi kandi yarambuye abandi, ntasubize n'icyo yagwatirijwe, yaruburiye amaso ye ku bigirwamana kandi yarakoze ibizira,
13
yaragurije kubona indamu y'ubuhenzi akaka umuntu ibirenze urugero, mbese azabaho? Ntabwo azabaho yarakoze ibyo bizira byose. Ni ukuri azapfa, n'amaraso ye ni we azabaho.
14
“Nuko rero nabyara umwana w'umuhungu maze yabona ibyaha byose bya se, ibyo yakoze, agatinya ntakore nk'ibyo
15
kandi akaba atagaburiye imandwa ku murinzi ushinzwe mu mpinga y'umusozi, n'ibigirwamana by'inzu ya Isirayeli atabyuburiye amaso ye, atanduje n'umugore w'umuturanyi we
16
kandi ari ntawe yagiriye nabi, atakiriye n'ingwate, ari nta we yambuye ahubwo yaragaburiye abashonji kandi yarambitse n'abambaye ubusa,
17
atabanguriye abakene ukuboko, atagurije kubona indamu y'ubuhenzi cyangwa ibirenze urugero, yarakomeje amategeko yanjye akagendera mu mateka yanjye, ntabwo azazira ibibi bya se, ni ukuri azabaho.
18
Ariko se ubwe kuko yakoze iby'urugomo, akambura uwo bava inda imwe kandi agakorera ibitari byiza mu bwoko bwe, dore azapfa azize ibyo byaha bye.
19
“Kandi murampakanya ngo ‘Umwana yabuzwa n'iki kuzira ibibi bya se?’ Ndabasubiza nti: Umwana nakora ibitunganye bihwanye n'amategeko, agakomeza amateka yanjye yose kandi akayakurikiza, ni ukuri azabaho.
20
Ubugingo bukora icyaha ni bwo buzapfa, umwana ntazazira ibyaha bya se kandi na se ntazazira ibyaha by'umwana we, gukiranuka k'umukiranutsi kuzaba kuri we, kandi ibyaha by'umunyabyaha bizaba kuri we.
21
“Ariko umunyabyaha nahindukira akava mu byaha bye byose yakoze, agakomeza amategeko yanjye yose kandi agakora ibitunganye bihwanye n'amategeko, ni ukuri azabaho ntabwo azapfa.
22
Ibyaha bye byose yakoze nta na kimwe kizamubarwaho, azabeshwaho n'uko yabaye umukiranutsi.
23
Muragira ngo nishimira ko umunyabyaha apfa? Ni ko Umwami Uwiteka abaza. Ikiruta si uko yahindukira akava mu nzira ye mbi, akabaho?
24
“Ariko umukiranutsi nareka gukiranuka kwe agakora ibibi, agakurikiza ibizira byose, ibyo umunyabyaha akora, mbese azabaho? Ibyo gukiranuka yakoze byose nta na kimwe kizibukwa, ubugome bwe yagize n'icyaha cye yakoze ni byo azazira.
25
“Ariko muravuga muti ‘Imigenzereze y'Uwiteka ntitunganye.’ Nimwumve mwa b'inzu ya Isirayeli mwe, mbese imigenzereze yanjye ntitunganye? Imigenzereze yanyu si yo idatunganye?
26
Umukiranutsi nareka gukiranuka kwe agakora ibibi azabipfiramo, ibibi yakoze ni byo apfiramo.
27
Maze kandi umunyabyaha nava mu byaha bye yakoraga, agakora ibitunganye bihwanye n'amategeko, azakiza ubugingo bwe.
28
Kuko yihwituye akava mu bibi bye yakoze byose, ni ukuri azabaho ntabwo azapfa.
29
Ariko ab'inzu ya Isirayeli baravuga bati ‘Imigenzereze y'Uwiteka ntitunganye.’ Mwa b'inzu ya Isirayeli mwe, mbese imigenzereze yanjye ntitunganye? Imigenzereze yanyu si yo idatunganye?
30
“Ni cyo gituma ngiye kubacira urubanza, umuntu wese nk'uko imigenzereze ye iri, mwa b'inzu ya Isirayeli mwe. Ni ko Umwami Uwiteka avuga. Nimugaruke muve mu bibi byanyu byose, ibibi bitabatera kurimburwa.
31
Nimute kure ibicumuro byanyu byose, ibyo mwakoze, mwirememo umutima mushya n'umwuka mushya. Kuki mwarinda gupfa, mwa b'inzu ya Isirayeli mwe?
32
Erega sinishimira ugiye gupfa ko yapfa, nuko nimuhindukire mubeho.” Ni ko Umwami Uwiteka avuga.
← Chapter 17
Jump to:
Chapter 1
Chapter 2
Chapter 3
Chapter 4
Chapter 5
Chapter 6
Chapter 7
Chapter 8
Chapter 9
Chapter 10
Chapter 11
Chapter 12
Chapter 13
Chapter 14
Chapter 15
Chapter 16
Chapter 17
Chapter 18
Chapter 19
Chapter 20
Chapter 21
Chapter 22
Chapter 23
Chapter 24
Chapter 25
Chapter 26
Chapter 27
Chapter 28
Chapter 29
Chapter 30
Chapter 31
Chapter 32
Chapter 33
Chapter 34
Chapter 35
Chapter 36
Chapter 37
Chapter 38
Chapter 39
Chapter 40
Chapter 41
Chapter 42
Chapter 43
Chapter 44
Chapter 45
Chapter 46
Chapter 47
Chapter 48
Chapter 19 →
All chapters:
1
2
3
4
5
6
7
8
9
10
11
12
13
14
15
16
17
18
19
20
21
22
23
24
25
26
27
28
29
30
31
32
33
34
35
36
37
38
39
40
41
42
43
44
45
46
47
48