bible
ra
🌐 Language
English
Español
Français
Deutsch
Português
Italiano
Nederlands
Русский
中文
日本語
한국어
العربية
Türkçe
Tiếng Việt
ไทย
Indonesia
All Languages
Home
/
Kinyarwanda
/
Kinyarwanda 2012 (Bibiliya Ntagatifu)
/
Genesis 32
Genesis 32
Kinyarwanda 2012 (Bibiliya Ntagatifu)
← Chapter 31
Jump to:
Chapter 1
Chapter 2
Chapter 3
Chapter 4
Chapter 5
Chapter 6
Chapter 7
Chapter 8
Chapter 9
Chapter 10
Chapter 11
Chapter 12
Chapter 13
Chapter 14
Chapter 15
Chapter 16
Chapter 17
Chapter 18
Chapter 19
Chapter 20
Chapter 21
Chapter 22
Chapter 23
Chapter 24
Chapter 25
Chapter 26
Chapter 27
Chapter 28
Chapter 29
Chapter 30
Chapter 31
Chapter 32
Chapter 33
Chapter 34
Chapter 35
Chapter 36
Chapter 37
Chapter 38
Chapter 39
Chapter 40
Chapter 41
Chapter 42
Chapter 43
Chapter 44
Chapter 45
Chapter 46
Chapter 47
Chapter 48
Chapter 49
Chapter 50
Chapter 33 →
1
Labani azinduka kare cyane, ahobera abuzukuru be n’abakobwa be, abaha umugisha; nyuma asubira iwe.
2
Yakobo akomeza urugendo. Agira atya ahura n’intumwa z’Imana.
3
Yakobo azibonye aravuga ati «Aha ni inkambi y’Imana». Aho hantu ahita Mahanayimu (bisobanura ngo «Inkambi ebyiri ».)
4
Yakobo yohereza intumwa kuri Ezawu mukuru we, aho yari ari i Seyiri mu mirambi ya Edomu.
5
Arabategeka ati «Muzabwire databuja Ezawu muti ’Umugaragu wawe Yakobo aradutumye ngo: Nabaye kwa Labani, ndahatinda kugeza ubu.
6
Mfite ibimasa, indogobe, n’andi matungo. Mfite abagaragu n’abaja. None nsanze ari ngombwa kohereza intumwa ngo mbimenyeshe databuja Ezawu kugira ngo mugushe neza».
7
Intumwa zigaruka kuri Yakobo zivuga ziti «Twageze kuri mwene so Ezawu, ariko agusanganije igitero cy’abantu magana ane.»
8
Yakobo ashya ubwoba, umutima urakuka; hanyuma agabanya abantu, amashyo yose, n’ingamiya mo inkambi ebyiri.
9
Aribwira ati «Ezawu natera inkambi ya mbere akabatsinda, abo mu nkambi ya kabiri bazashobora guhunga.»
10
Yakobo ariyamirira, ati «Mana ya data Abrahamu, Mana ya data Izaki, Uhoraho, wowe wambwiye uti ’Subira mu gihugu cyawe, mu gihugu cya ba sokuruza, nzakugirira neza’,
11
sinkwiriye ubuntu n’ineza wagiriye umugaragu wawe w’intamenyekana! Dore nambutse Yorudani iyi ngiyi, nitwaje inkoni gusa; none mpindukiye ngabye inkambi ebyiri.
12
Ndakwinginze, unkize mwene data Ezawu; ndamutinya, ndatinya ko aza akatwica, ari jye, ari abagore n’abana.
13
Kandi warambwiye uti ’Nzakugirira neza, ngwize urubyaro rwawe nk’umusenyi wo ku nkombe y’inyanja utabarika’!»
14
Yakobo arara aho ngaho iryo joro. Yakobo yenda mu byo yari atunze, akuramo ibyo gutura mukuru we Ezawu:
15
ihene magana abiri, isekurume makumyabiri, intama magana abiri n’isekurume zazo makumyabiri,
16
ingamiya zikamwa mirongo itatu n’izazo, inka mirongo ine, imfizi icumi, indogobe z’ingore makumyabiri n’iz’ingabo icumi.
17
Buri shyo arishyira ukwaryo, maze yose ayashinga abagaragu be; arababwira ati «Munjye imbere, musige intera hagati y’amashyo.»
18
Umugaragu wa mbere aramutegeka ati «Mukuru wanjye nimumara guhura, akakubaza ati ’Uri uwa nde? Urajya hehe? Ayo matungo ushoreye ni aya nde?’
19
Uzamusubize uti ’Ni ay’umugaragu wawe Yakobo, ni ayo atuye databuja Ezawu, kandi dore aje adukurikiye.’»
20
Uwa kabiri n’uwa gatatu, mbese abagaragu be bose bari bashoreye amatungo, abategeka kuvuga kimwe. Arababwira ati «Ngayo amagambo muzabwira Ezawu nimuhura,
21
muzavuge muti ’Dore umugaragu wawe Yakobo na we ari inyuma’.» Kuko yibwiraga ati «Ndamwuruza amaturo andangaje imbere; hanyuma dushobore guhuza amaso, wenda yanyakira neza.»
22
Nuko ya maturo barayajyana, naho we yongera kurara aho.
23
Iryo joro Yakobo arahaguruka, ahagurukana n’abagore be uko ari babiri, n’abaja be uko ari babiri, ntiyasiga abana be cumi n’umwe; nuko yambuka umugezi wa Yaboki.
24
Arabambutsa bose, yambutsa n’ibyo yari atunze byose.
25
Yakobo asigara aho wenyine. Haza umugabo akirana na we, kugeza mu museke.
26
Abonye ko adashoboye gutsinda Yakobo, amukora ku mutsi wo ku nyonga y’itako, igihe bari hasi ku butaka, itako rirakuka, rikuka bagikirana.
27
Wa mugabo aramubwira ati «Ndekura ngende, dore umuseke urakebye.» Yakobo ati «Sinkurekura utampaye umugisha.»
28
Undi aramubaza ati «Witwa nde?» Ati «Nitwa Yakobo.»
29
Undi ati «Ntibazongere kukwita Yakobo, ahubwo Israheli, kuko wakiranye n’Imana n’abantu, kandi ugatsinda.»
30
Yakobo aramubwira ati «Ndakwinginze, mpishurira izina ryawe.» Undi ati «Izina ryanjye urarimbariza iki?» Nuko amuha umugisha, awumuhera aho ngaho.
31
Aho hantu Yakobo ahita Penuweli (bisobanura ngo ’Mu maso y’Imana’), agira ati «Kuko nahaboneye Imana mu maso, nkarenga nkabaho.»
32
Izuba ryarashe arenga Penuweli, agenda acumbagira itako.
33
Ni yo mpamvu kugeza na n’ubu Abayisraheli batarya umutsi uri mu itako. Kuko Imana yari yakoze Yakobo ku mutsi wo ku nyonga y’itako.
← Chapter 31
Jump to:
Chapter 1
Chapter 2
Chapter 3
Chapter 4
Chapter 5
Chapter 6
Chapter 7
Chapter 8
Chapter 9
Chapter 10
Chapter 11
Chapter 12
Chapter 13
Chapter 14
Chapter 15
Chapter 16
Chapter 17
Chapter 18
Chapter 19
Chapter 20
Chapter 21
Chapter 22
Chapter 23
Chapter 24
Chapter 25
Chapter 26
Chapter 27
Chapter 28
Chapter 29
Chapter 30
Chapter 31
Chapter 32
Chapter 33
Chapter 34
Chapter 35
Chapter 36
Chapter 37
Chapter 38
Chapter 39
Chapter 40
Chapter 41
Chapter 42
Chapter 43
Chapter 44
Chapter 45
Chapter 46
Chapter 47
Chapter 48
Chapter 49
Chapter 50
Chapter 33 →
All chapters:
1
2
3
4
5
6
7
8
9
10
11
12
13
14
15
16
17
18
19
20
21
22
23
24
25
26
27
28
29
30
31
32
33
34
35
36
37
38
39
40
41
42
43
44
45
46
47
48
49
50